15/01/2016
Umushakashatsi Pastor Peter
Musisi ahamya ko umugore
kuyobora itorero ari ishyano
no gukora kwa satani Pastor Peter Musisi umuyobozi mukuru w’itorero
The Holy Living Church of Jesus Christ rifite icyicaro Kimisagara mu mujyi wa Kigali, uyu akaba ari umushakashatsi ku iyobokamana ubimazemo imyaka 5 ahamya ko nta mugore ukwiye kuba Pasiteri no kuyobora itorero. Pastor Peter Musisi uhamya ko nta mugore ukwiye kuba Pasiteri no kuyobora Itorero ni muntu ki? Pastor Peter Musisi ni umukozi w’Imana umaze imyaka 32 yizeye Yesu Kristo,akaba amaze indi myaka 20 ari umuyobozi w’itorero naho kuva atangiye kuba umushakashatsi ku iyobokamana hashize imyaka itanu. Peter Musisi akunze kumvikana ku maradiyo atandukanye ya hano mu Rwanda atanga ibiganiro bivuga ku nkomoko ya Illuminati n’ubuhanuzi bw’ibihe turimo. Pastor Peter Musisi utangaje ko nta mugore ukwiriye kuba Pasiteri no kuyobora itorero kuko ari ikizira, aherutse gutangariza Inyarwanda.com ko mu bushakashatsi yakoze yasanze mu Rwanda hari abapasiteri benshi kandi biganjemo abakomeye bakoresha ubupfumu bagahamagarira abantu ibitangaza aho kubahindura ngo bave mu byaha, bakabaha uburozi n’inigi za kijyambere bakavuga ko ari Imana ibikoze kandi atariyo. Peter Musisi yasabye abakristo kutirukankira ubuhanuzi n’ibitangaza kuko benshi mu babikora bitwaje izina rya Yesu ari abapfumu n’abarozi. Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com ku bijyanye no kuba umugore yayobora itorero icyo abivugaho ashingiye kuri Bibiliya, Pastor Peter Musisi yavuze ko ari ishyano rya gashyantare kuba umugore yayobora itorero. Yavuze ko abagore ari inzabya zoroshye ndetse na Bibiliya ikaba ibihamya bityo bakaba bakorohera cyane satani kuba yabayobwa. Pastor Peter Musisi ahamya ko ari ugukora kwa sh*tani kwazanywe na Illuminati kuba hari abagore bayobora amatorero kandi ari ikintu kizira kuva na kera ndetse na Bibiliya ngo ikaba itabyemera. Kuri we avuga ko kuba nta mugore uba umukuru w’umuryango, umutware w’urugo, ngo ni nako byari bikwiye kumera mu itorero ry’Imana, rikajya riyoborwa n’abagabo ariko nabo batoranyijwe. Yagize ati; Ibyo ni ishyano rya Gashyantare ntabwo umugore akwiriye kuyobora itorero ry’Imana.Reka da itorero ntabwo rikwiye kuyoborwa n’umugore kuko Bibiliya irasobanura ikavuga ngo umugabo ntabwo ariwe wayobejwe ahubwo ni umugore niwe wayobejwe kandi tuziko twebwe turi abasirikare ba Yesu Kristo, iyo turi abavugabutumwa,itorero burya rigizwe n’abasirikare kandi bakatubwira ko
umugore adakwiye kwigisha cyangwa gutegeka umugabo ndetse ko adakwiye no kuyobora itorero ry’Imana, kuko ariwe wayobejwe. Bibiliya ivuga yuko abagore ari inzabya zoroshye icyo se si icyanditswe kiri muri Bibiliya? Imana yabahaye urwego rwabo,kuvuga ko ari inzabya zoroshye bakorohera ibintu byose, bakorohera na satani yabayobya niyo mpamvu rero itorero ritagomba kuyoborwa n’umugore ahubwo ukwiye kuribera maso aba ari umugabo ariko si umugabo wese ahubwo ni umugabo watoranyijwe agahabwa inshingano icya mbere ashobora kuba yayobora urugo rwe akayobora umuryango we,niyo mpamvu nta mugore uba umukuru w’umuryango,birashoboka se?ntabwo umugore aba umutware nyiri urugo,nk’uko rero bimeze no mu rugo niko
bikwiye kumera no mu itorero ry’Imana, ababicurika rero ngo iyo ndi mu rugo mba umugore n’umutware wanjye nkamwumvira ariko twagera mu rusengero nkaba Chef we ibyo ngibyo ni ugukora kwa sh*tani. Umushakashatsi Pastor Peter Musisi ahamya ko nta mugore ukwiye kuyobora itorero Pastor Peter Musisi yakomeje avuga ko ibyo byose byaturutse mu mahame ya gifirimaso avuga k’ukwishyira ukizana hakaba harimo ihame ry’uburinganire (Equality) aho abagore bashaka kungana n’abagabo mu bintu byose aho akaba ariho hagenda hava inyigisho zindi ndetse n’amashyirahamwe atandukanye aho yatanze urugero rw’itorero Feminism riharanira iterambere ry’abagore. ati: Ubusanzwe Yesu Kristo ntabwo yaje gushyiraho ayo matsinda, abantu bose bakeneye kubohorwa ntawe utaboshye, ntabwo ari amatsinda yo kubohora ni amatsinda Illuminati (Agatsiko k’ibanga kayoboye isi gakorera Satani)) igenda ishyiraho arengera ibidukikije, arengera ubuzima bw’inyamaswa, arengera abana, mbese akagenda acamo abantu ibice,nta muntu udakwiriye kurengerwa. Yesu yaje kuturengera twese ngo dukizwe,nitwumvira ijambo rye twese tuzaba tubohotse ,uri umugabo uzabohoka ,imbaraga Imana yaguhaye n’ubwenge n’ubutware uzabukoresha neza mu cyubahiro cyo guhesha Imana icyubahiro,n’umugore role yawe ,cyangwa ibyo ugomba gukora uzabikora nk’uko Imana yabikugeneye kugirango uheshe Imana icyubahiro n’umwana nawe
aho kugirango agutware kuri Polisi ko wamucishijeho akanyafu,azumvira ababyeyi be. Kuba umugore yayobora itorero bamwe barabyemera bakavuga ko Yesu Kristo ku musaraba yarangije byose ndetse ko igihe yazukaga umugore ariwe wahamije iyo nkuru bwa mbere igihe abagabo bari bikingiranye mu nzu bagize ubwoba. Hari abandi barimo Pastor Peter Musisi batabyemera bakavuga ko ari ikizira.Kugeza ubu mu Rwanda hari umubare munini w’abagore bayoboye amatorero ndetse hari n’arimo gutera imbere cyane kurusha ayobowe n’ayatangijwe n’abagabo. Ese wowe ubibona ute, umugore akwiriye kuyobora itorero cyangwa nawe ubifata nk'ikizira?
ikigega cy'umuziki nyarwanda